Mukiza Ndamaramaje

 


1. Mukiza, ndamaramaje,
Ndatwaranira kugera
Ku rugero runkwiriye;
Mwami mfasha ngo ndusheho.


Gusubiramo
Nzamura maze nger’ aho
Wangeneye, Mwami wanjye;
Ku rugero rusumbyeho;
Mwami mfasha ngo ndusheho.


2. Nta bwo ngifit’ umutima
Wo kuguma mu by’iyi si;
Nubwo bamwe babikunda,
Ngambiriye kujya mbere.


3. Ndashaka gusumb’ iby’isi,
Nubw’ umwanz’ anyibasiye;
Kuko namaze kwizera
Yukw Iman’ izandengera.


4. Ndashaka kumaranira
Kurabukw’ ubwiza bwawe;
Ariko nkomeze nsenge,
Ngez’ ubwo nzager’ i wawe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *